SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Alyn Sano,Levixone, Daddy Andre na Wyre bibagije abanyarwanda imbeho mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction(Amafoto )
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Alyn Sano,Levixone, Daddy Andre na Wyre bibagije abanyarwanda imbeho mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction(Amafoto )
Imyidagaduro

Alyn Sano,Levixone, Daddy Andre na Wyre bibagije abanyarwanda imbeho mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction(Amafoto )

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/01 at 10:33 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Umugoroba  wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 Werurwe ni imwe  mu minsi  yariitegerejwe na benshi mu bakunzi b’umuziki mu Rwanda aho bari bategereje igitaramo ngarukakwezi cya Kigali Jazz Junction gikunzwe n’abatari bakeya aho bari bategereje abahanzi bakunzwe  nka  Alyn Sano,Daddy Andre ,Umuramyi Levixone na Wyre mu ihema rinini ryo muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka camp Kigali.

Iki gitaramo  cyatangiye ahagana isaha ya saa mbiri byabanje gutindaho gato kubera ikirere cyabayemo akantu ka kabeho aho  benshi bikanze ko imvura  igiye kugwa riko siko byagenze kuko ubwitabire  abantu baje  kuza ari benshi maze  itsina rya Shauku band ritangiza igitaramo rirabasusurutsa mu ndirimbo zitandukanye ndeste n’imbyino ziganjemo iza gakondo maze abanu batangira kunyurwa.

 

Nyuma ya Shauku band  hakurikiyeho umuhanzikazi Alyn Sano wafashijwe ku rubyiniro na Symphony Band imaze kwigarurira imitima ya benshi hano mu Rwanda kubera ubuhanga igaragaza  mu micurangire yayo.

Alyn sano nk’umuhanzikazi wari ubanjirije abandi bose ku rubyiniro yakoresheje ingufu nyinshi cyane mu ndirimbo ze nka Fake Gee,Naremewe wowe,Rwiyoborere,Radio,For us ni zindi nyinshi  zashimishije abakunzi b’uyu mukobwa ufite ijwi ryiza cyane .ahagana kw’isaha ya saa 21:50 nibwo yavuye ku rubyiniro ubona abakunzi be batabyifuza .

Ahagana kw’isaha ya saa Ine nibwo Umuramyi levixone wo mu gihugu cya Uganda yageze ku rubyiniro maze abaza kuvuga Ijambo alleuah maze abanza abakunzi be niba biteguye kkuramya no guhimbaza  maze atanirira ku ndirimbo ye  yise Turn The Replay maze abantu barahaguruka buzura umwuka .

Nyuma yo kubona ko abantu bamaze kujya mu mwuka yasabye abanyarwanda guhaguruka bamufasha kuramya.

Levixone yakurikijeho indirimbo ze zakunzwe cyane nka Enjoy Yo Blessing akurikizaho Mbeera yakoranye na Grace Morgan Hammondge ndetse na More Blessing,Chikibombe ni zindi nyinshi kugeza ahagan kw’isaha ya saa 23.00 ubwo yavaga  ku rubyiniro maze ashiira Imana n’abanyarwanda muri rusange .

Nyuma ya Levixone hakurikiyeho Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo nawe wo mu gihugu cya Uganda  Andrew Ojambo  uzwi nka  Daddy Andre )  niwe  wagiye ku rubyiniro maze mu ndirimbo ye yakunzwe cyane  yise Sikikuweka maze abafana be bamwereka urukundo rwinshi akomereaho maze nawe mu ngufu nyinshi .

Daddy Andre wari utaramiye bwa mbere mu Rwanda  yabwiye abanyarwanda ko yishimiye urukundo bamwakiranye abizeza ko agiye kubashimisha maze yanzika mu ndirimbo Andele yakoranye na Nina Roz  akurikizaho Indirimbo Don’t stop yakoranye na John Blaq , uyu muhanzi utatize ku rubyiniro yavuye ku rubyiniro ahagana I saa 23:35 asoreza ku ndirimbo yise  Tugende Mu Church aho yahamagaye Levixone  bafatanya kuyiririmba .

 

Ahagana kw’isaha ya 00:00 nibwo umuhanzi Wyre wo mu gihugu cya Kenya yageze ku rubyiniro maze yishimirwa na benshi nkuo abandi babigeje  yabaje kuganiriza bari bitabiriye igitaramo ababwira uko yakiriwe mu Rwanda nyuma y’igihe atahagera  kuko si ubwa mbere yari ataramiye mu Rwanda .

Uyu muhanzi wabaye mu matsinda akomeye muri Kenya nka East African Bashment Crew  na Necessary Noise yaririmbye zimwe mu ndirimbo yakoranyea bagenzi be nka Nazizi,Prezzo Nonini  na bandi benshi bo muri Afurika y’Iburasirazuba .

Kw’isaha ya saa saba zibura mbere y’uko ava ku rubyiniro uyu muhanzi Wyre  yaririmbye indirimbo ye yakunzwe cyane  yise Sina Makosa maze ibintu bihindura isura abantu bose barahaguruka bashyira amaboko mu kirere buri wese afata umwicaye iruhande maze barabyina karahava  yarinze ava ku rubyiniro ubona bantu bagifite icyaka cyo kubyinana nawe .

Amafoto :Inyarwanda

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul April 1, 2023 April 1, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida wa Madagascar yishimiye intsinzi ya Kagame

July 17, 2024
Utuntu n'utundi

Abanyakoreya y’epfo bari mu gahinda nyuma yo kubuzwa kugurisha inyama z’Imbwa

January 9, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora Senegal

March 27, 2024
Imikino

Mashami Vincent yahagaritswe na Police Fc abura amezi 6

January 8, 2025
Imyidagaduro

Elton John yahishuye ko arembejwe n’Indwara yo kutabona

December 2, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Boukuru Christiane yatashye amaramasa mu irushanwa rya ‘Prix Découvertes’,

February 18, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?