SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Japhet yahembuye benshi mu gitaramo cye yise Stupid Experience ( Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Japhet yahembuye benshi mu gitaramo cye yise Stupid Experience ( Amafoto)
Imyidagaduro

Japhet yahembuye benshi mu gitaramo cye yise Stupid Experience ( Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/20 at 7:31 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mazimpaka Japhet wamamaye mu itsinda rya Bigomba Guhinduka, yakoze igitaramo cye cya mbere ari wenyine nyuma y’imyaka itanu yinjiye mu itsinda ahuriyemo na mugenzi we Etienne wamenyekanye cyane nka 5K.

Ni igitaramo Japhet yise “Stupid experience”. Ni izina yatekereje kuko yaganirizaga abitabiriye byinshi byabaye mu rugendo rwe birimo n’ibyo yavuga ko bitangaje.

Uyu munyarwenya ateguza iki gitaramo yavuze ko nta we ukwiye kwitiranya kuba agiye kwikorana igitaramo no kuba yaba afitanye ibibazo na mugenzi we babanaga mu itsinda rya “Bigomba Guhinduka”. Igitaramo cya Japhet cyayobowe n’umunyrawenya Micheal Sengazi.

Yatangiye aganiriza abitabiriye ababwira inkuru y’ibyamubayeho ubwo yari mu Budage ubwo bari bagiye kumusaka bamusaba gukuramo imyenda yose kugeza ku mwenda w’imbere.

Aha abantu bakubise ibitwenge barakwekwenuka bitewe n’uko yigaragazaga ku rubyiniro.

Sengazi umenyerewe mu biganiro by’urwenya biri mu ngifaransa yateye urwenya avuga uburyo Igifaransa kigira ibihe byinshi mu gutondagura inshinga.

Nyuma yo kubona ko abantu batanyuzwe n’urwo rwenya yagize ati “IIkibazo ni uko mutumva Igifaransa, kandi ibi nabivuze ndi muri Congo baraseka cyane ariko mwe ntimuseka.”

Muri iki gitaramo hari harimo abahanzi barimo Juda Muzik; itsinda rigizwe na Junior na Darest ariko ntibabashije kuririmba kubera uburwayi bw’umwe muri bo.

Hari harimo kandi Victor Rukotana wanaririmbye ho gato. Mu kugaragaraza aho yavuye Japhet yerekanye inshamake y’urugendo rwe mu gusetsa.

Uyu musore yagaragaje uko mu 2017 aribwo yatumiwe bwa mbere mu gitaramo cy’urwenya cya Seka Live bikozwe na Arthur Nkusi Rutura yanashimiye cyane.

Aha nyuma yaho nibwo yihuje na Etienne batangira gukora ibiganiro by’urwenya ariko ariko birimo inyigisho.

Japhet yagaragaje ingorane yagiye ahura nazo aho hano yavuze uburyo yageze muri St Andre mu biganiro agahura n’abanyeshuri baho akagorwa n’ururumi n’uburyo abanyeshuri b’iki kigo bavuga Icyongereza.

Japhet yaherukaga kuhagarara ku rubyiniro wenyine atari muri Bigomba Guhinduka mu 2018 ubwo yatangiraga urugendo rwe muri uyu mwuga atoranyijwe mu banyempano bagombaga kwigaragariza mu gitaramo cya #SekaLive.

Igitaramo yakoze cya mbere cyabereye muri ‘Urban Park Suites’ mu Mujyi wa Kigali, kuri iki Cyumweru tari 19 Gashyantare 2023.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul February 20, 2023 February 20, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Israel Mbonyi yatumiwe mu gitaramo cyiswe “Shalom Gospel Festival” 

August 24, 2023
Imyidagaduro

1:55AM yashyize umucyo ku bibazo bimaze iminsi bivugwamo

April 22, 2025
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Caravane du Rire rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 3 rizitabirwa n’abanyarwenya mpuzamahanga

June 12, 2024
Imikino

Cricket: Ikipe y’Igihugu yerekeje muri Uganda!

December 7, 2023
Imyidagaduro

Danny Vumbi yamuritse alubumu ye yise 365 ahishura byinshi ku rugendo rwe muri KIKAC Music

December 20, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yageze mu Bwongereza aho yitabiriye iyimikwa ry’Umwami Charles wa III

May 4, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?