SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyarwanda Dabijou yatewe indobo n’umuhanzi Harmonize byavugwaga ko bari mu Rukundo .
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umunyarwanda Dabijou yatewe indobo n’umuhanzi Harmonize byavugwaga ko bari mu Rukundo .
Imyidagaduro

Umunyarwanda Dabijou yatewe indobo n’umuhanzi Harmonize byavugwaga ko bari mu Rukundo .

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/01/05 at 11:38 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

 

Nyuma y’iminsi hasakaye amakuru y’uko hari Umunyarwandakazi wamaze kwigarurira umutima wa Harmonize, amakuru mashya ahari ahamya ko uyu muhanzi ari gukundana n’umuhanzikazi, Feza Kessy wo muri Tanzania, aho kuba uyu mukobwa ukomoka mu Rwagasabo nk’uko byari byavuzwe.

Mu minsi ishize nibwo hasakaye inkuru z’uko uyu muhanzi yaba asigaye akundana n’Umunyarwandakazi Munezero Rosine benshi bazi nka Dabijou, icyo gihe hakaba haragiye hanze amashusho bari gusangirira ubuzima ku mucanga wo muri Tanzania.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Harmonize yatunguye benshi agaragaza ko yihebeye umuhanzikazi wo muri Tanzania, Feza Kessy.

Harmonize yasangije abamukurikira amafoto ari kumwe n’uyu mukobwa agaragaza ko ari we yihebeye muri iyi minsi.

Feza Kessy w’imyaka 33 wamaze gutangazwa nk’umukunzi mushya wa Harmonize, yamenyekanye cyane mu 2013 ubwo yitabiraga bwa mbere Big Brother Africa yabaga ku nshuro ya munani ahagarariye Tanzania.

Mu 2005 nibwo bwa mbere yatangiye kuvugwa mu itangazamakuru nyuma yo kwitabira amarushanwa y’ubwiza akegukana ikamba rya Miss Dar City Centre na Miss Llala.

Uyu ariko kandi ku myaka 17 yahise anitabira Miss Tanzania aho yegukanye ikamba ry’Igisonga cya Nyampinga.

Mu 2013 nibwo Feza yinjiye mu muziki asohora indirimbo zirimo ‘Amani ya moyo’ na ‘My papa’ zamenyekanye cyane bituma aba ikimenyabose muri Tanzania.

Mu 2021 izina Feza ryongeye gukomozwaho mu itangazamakuru nyuma y’uko asinyishijwe na D’Banj uzajya umufasha mu muziki abinyujije muri sosiyete ye ya DB Records.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul January 5, 2023 January 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo

March 18, 2025
Andi makuru

Mu bupfura bwinshi Ubwongereza bwatumijeho Ambasaderi w’ u Rwanda i Londres

February 20, 2025
Imyidagaduro

Umuhanzi Victor Rukotana yateguje alubumu nshya nyuma yo gusoza amasezerano na Onomo Hotel

October 16, 2024
Imikino

Abaganga 7 bavuraga Diego Maradona batangiye kuburanishwa ku cyaha cyo kwica umuntu ku bushake

March 13, 2025
Imyidagaduro

Ally ushinjwa kwiba Youtube ya Yago Pon Dat yakatiwe imyaka 2 isubitse

August 8, 2024
Imyidagaduro

Igitaramo cyiswe ‘Sober Night’ cyatewe inkunga n’ikinyobwa cya Maltona cyitabiriwe mu rwego rushimishije

December 24, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?