SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ibidasanzwe kuri Camilla Cabello uherutse gusura Ingagi mu birunga .
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ibidasanzwe kuri Camilla Cabello uherutse gusura Ingagi mu birunga .
Imyidagaduro

Ibidasanzwe kuri Camilla Cabello uherutse gusura Ingagi mu birunga .

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/01/05 at 12:12 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi Camila Cabello, ni umwe mu byamamare byahiriwe akiri muto, bimuhesha igikundiro n’ubukire nubwo yavutse mu muryango woroheje.

Uyu muhanzikazi uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda mu mpera z’umwaka, ni umwe bakomeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, watangiye kuririmba ku myaka 16 gusa.

Karla Camila Cabello Estrabao wamenyekanye ku izina rya Camila Cabello, yavutse tariki 3 Werurwe 1997 muri Cuba, avuka kuri se w’Umunya -Mexique na nyina w’Umunya-Cuba.

Camila mbere yo kuba icyamamare mu kuririmba, yakuriye mu buzima bugoye bwo guhora yimuka n’umuryango we, bava muri Mexique bajya muri Leta zunze ubumwe Amerika. Bimutse nta byangombwa kuko se umubyara atari afite ubwenegihugu.

Uyu mukobwa afite imyaka itandatu nibwo yaje gutura muri Leta zunze ubumwe za Amerika hamwe na nyina na murumuna we Sofia, batura mu mujyi wa Miami mu nzu y’inshuti ya sekuru, mu gihe se yabaga wenyine muri iyi Leta ya Florida yozaga imodoka z’abakire anashaka ibyangombwa bibemerera kuba muri icyo gihugu.

Mu 2008 Camila nibwo yabonye ubwenegihugu bwa Amerika, yiga nk’abandi bana basanzwe mu mashuri yisumbuye nyuma aza kuva mu ishuri, ajya gutangira umwuga wo kuririmba .

Uyu muhanzikazi mu 2012 yitabiriye irushanywa rya ‘The X Factory USA’ ry’abafite impano zitandukanye, aza guhura n’itsinda rya Fifth ‘Harmony’ ry’abakobwa batanu harimo Normani, Ally Brooke, Dinah Jane na Lauren Jauregui, batangira gukora umuziki.

Iri tsinda rya Fifth Harmony ryarakunzwe cyane ku ndirimbo ryakoze harimo ‘I’m in love with monster’, ‘Work from Home’ bakoranye na Ty Dolla $ign n’izindi.

Mu 2016 inzira zabyaye amahari Camila atandukana n’iri tsinda ajya gukora umuziki ku giti cye. Mu 2018 asohora Album ye ya mbere yise ‘Camila’ harimo indirimbo 12 zakunzwe cyane nka ‘Havana’ yakoranye na Young Thug.

Muri iyi Album ya mbere ya Camila, harimo indirimbo nka ‘Consequences’, ‘In the Dark’, n’izindi.

Nyuma yaho yakoze izindi album nk’iyo yakoze mu 2019 yise ‘Romance’ iriho indirimbo ‘Senorita’ yakoranye n’uwahoze ari umukunzi we Shawn Mendez.

Umubano wa Camila na Shawn Mendez wajemo agatotsi mu 2021 bahita batandukana.

Kubera urukundo rwa sinema, Camila yinjiye mu mwuga wo gukina filime mu 2021, ahera ku yiswe ‘Cinderella’ ivuga ku mwana w’umukobwa w’umukene ufite inzozi zo kuzaba umunyamideli. Icyakora uwo mwana aba abona bitazigera biba impamo kubera muka se umuhoza mu mirimo yo mu rugo ndetse umutoteza, akamuca intege.

Uyu muhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime uheretse kurira Ubunani i Musanze mu Kinigi, yatsindiye ibihembo by’umuhanzi wakoze indirimbo nziza zakunzwe harimo ‘Latin Grammy Award for Record of the Year’, ‘MTV Europe Music Award for Best Song’ n’ibindi.

i never imagined in my wildest dreams i could one day hike in the rainforest and be able to… look in the eyes of a Silverback gorilla and literally bow in his presence. And to know that we could have an experience like this and be able to share space with these noble giants, pic.twitter.com/ZVpqEOkfL4

— camila (@Camila_Cabello) January 2, 2023

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul January 5, 2023 January 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruIyobokamana

Nikodemu Nayigiziki wari Umupadiri ukuze kurusha abandi muri Arkidiyosezi ya Kigali yitabye Imana

July 4, 2023
Imyidagaduro

Humble Jizzo yasesekaye i Kigali ashimangira ko Urban Boys na Platini ko bafitanye isano

March 28, 2024
Imyidagaduro

TDR Festival :Bwiza.Juno kizigenza .Mico The Best na Niyo Bosco basusurukiye abanye huye bataha batabishaka

February 20, 2024
Imyidagaduro

Drake yavugishije abantu amangambure nyuma yo kugaragara akinisha igikinisho gifite ishusho y’igitsina

February 8, 2024
Imyidagaduro

Miss Uwase Raissa Vanessa yahishuye ko nta mugabo n’inzoga akifuza mu buzima bwe

October 5, 2023
Imikino

Atlético de Madrid ibaye ikipe ya 4 igiye gukorana na Visit Rwanda

April 30, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?