SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Orion BBC yasinyanye amasezerano y’imikoranire na Winner Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Orion BBC yasinyanye amasezerano y’imikoranire na Winner Rwanda
Imikino

Orion BBC yasinyanye amasezerano y’imikoranire na Winner Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/02/07 at 11:04 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Orion BBC yo mu Cyiciro cya Mbere muri shampiyona ya Basketball, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete y’imikino y’amahirwe ya Winner Rwanda, Azamara umwaka umwe ushobora kongerwa.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa kane. Ni umuhango witabiriwe n’abakinnyi bose ba Orion BBC ndetse n’umuyobozi wa yo, mu gihe iyi Sosiyete y’imikino y’amahirwe, yari ihagarariwe n’umuyobozi mukuru wa yo, Shaul Hatzir.

Uretse ibi kandi, Winner izaba kandi umuterankunga w’igikorwa cy’iyi kipe cyitwa “One Shot, One Tree”, aho buri mukino wa shampiyona, amanota azajya atsindwa azajya agena umubare w’ibiti biterwa mu mu rwego rwo kurengera Ibidukikije. Ibi bihuye neza n’Indangagaciro z’iyi Sosiyete zo gushyigikira ibikorwa bifitiye akamaro Igihugu.

Umuyobozi Mukuru wa Winner Rwanda, Shaul Hatzir, yavuze ko guhitamo kwifuza ubufatanye n’iyi kipe, ari uko bayibonamo ikipe y’ikigugu y’ejo hazaza ariko kandi ikirenze kuri ibyo ari uko yiganjemo abakiri bato kandi biri mu ntego za bo zagutse zo guteza imbere abato.

Ati “Muri Winner, twizera imbaraga z’ikipe nka Orion BC. Ifite indoto n’icyerekezo cyo gutera imbere. Guha icyerekezo abakiri bato muri Basketball ndetse no kugira uruhare mu Iterambere ry’Umuryango Nyarwanda.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko bizeye ko ibyo bakora bizarushaho kumenyekana kandi bikagera kure, bigezwemo uruhare na Orion BBC.

Ati “Ubu bufatanye, buzadufasha kubaka isura ya Sosiyete yacu mu guteza imbere Siporo ya Basketball mu Gihugu. Kandi tuzajya tunatanga umusanzu mu kurengera Ibidukikije, binyuze mu gikorewa cya Orion cyiswe One Shot, One Tree.”

Umuyobozi wa Orion BBC, Mutabazi James, yavuze ko ubu bufatanye biteguye kububyaza umusaruro mu kuzamura urwego rw’ikipe ya bo, kandi biteguye kuzitwara neza muri shampiyona.

Ati “Ikinini cyane, ni ubushobozi. No kugira ngo turebe ko twagera ku ntego twihaye uyu mwaka. Hari kinini bizongera ku byo twari dufite.”

Yakomeje avuga ko biteguye kuzafasha iyi Sosiyete kumenyekanisha ibyo ikora bijyanye n’imikino y’amahirwe, kandi biteguye kubikora neza.

Ati “Barifuza ko tubabera ikiraro kigeza ibikorwa bya bo mu bantu. No kugira ngo twongere kumenyekanisha izina basanzwe bafite. Atriko nk’ibigo by’ishoramari byose baba bifuza gukomeza kumenyekanisha izina rya bo.”

Uyu muyobozi yavuze kandi ko Winner Rwanda, yiteguye gutera inkunga gahunda zose zijyanye n’iterambere muri iyi kipe, zirimo gushyira imbaraga mu bato n’ibindi bikorwa byose biganisha ku Iterambere.

Iyi Sosiyete, isanzwe ari izina rinini mu Rwanda mu bijyanye n’imikino y’amahirwe. Imwe mu mikino y’amahirwe ikinirwa, harimo umupira w’amaguru, Casino n’indi.

Uretse ibi kandi, Winner, ifitanye ubufatanye na Vision FC ikina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere y’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Orion BBC imaze imyaka ibiri ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere ya Basketball mu Rwanda. Kimwe mu bikorwa bikomeye basanzwe bakora, harimo kubungabunga Ibidukikije biciye muri gahunda ya ‘One Shot, One Tree’ igamije gutera Ibiti.

 

 

 

You Might Also Like

Inzara iravuza ubuhuha muri bakinnyi ba Rayons Sport na staff yabo

Perezida Kagame yarebye umukino Arsenal yatsinzwemo na PSG muri 1/2 cya UCL

Perezida w’umukino wa Taekwondo ku Isi ari mu Rwanda

Sadate Munyakazi yibukije abafana ba Rayons Sport ko iki aricyo gihe cyo kuyiba hafi

Amakipe ya Polisi y’u Rwanda yihariye imidari mu mikino ya EAPCCO

Nsanzabera Jean Paul February 7, 2025 February 7, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubuzima

1000 Hills Events na NCDP batanze ibihembo kubagize uruhare mu guteza imbere abamugaye

December 1, 2024
Imikino

Nyuma yo kuva habi Côte d’Ivoire yegukanye CAN 2023

February 12, 2024
Imikino

Djihadi Bizimana yabonye ikipe muri Israël

July 5, 2023
Ubukungu

Umuvuno mushya mu gutuza neza abatuye mu tujagari i Kigali, kuri Mpazi habaye icyitegererezo

September 9, 2021
Imyidagaduro

Umukinnyi wa Sinema Rufonsina mu marira menshi yambitswe impeta n’Umukunzi we

October 29, 2024
Andi makuru

Uburusiya bwashyize impapuro zo guta muri yombi umucamanza Tomoko Akane wa ICC

August 2, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?