SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu biro bye
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu biro bye
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu biro bye

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: January 8, 2025
Share
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 8 Mutarama 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo.

Itangazo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanyujije kuri X, rivuga ko bombi baganiriye ku ngingo zitandukanye zishingiye ku bufatanye busanzwe hagati y’u Rwanda n’uyu muryango.

U Rwanda rwabaye umunyamuryango wa OIF guhera mu 1970. Kuva ubwo impande zombi zifatanya mu mishinga yo guteza imbere inzego zitandukanye nk’uburezi, ubuzima, ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’ibindi.

Nk’ubu OIF igira porogaramu yo gutanga abarimu bigisha Igifaransa mu bihugu birimo n’u Rwanda, yatangijwe hagamijwe guteza imbere Igifaransa mu bihugu binyamuryango.

Iyi porogaramu yatangijwe na Louise Mushikiwabo, yiswe ‘Mobilité des Enseignants’, itangirira mu bihugu birimo u Rwanda, Ghana na Guinnée.

Mu 2022 Minisiteri y’Uburezi yakiriye abarimu 45 batanzwe na OIF binyuze muri iyi porogaramu baturutse mu bihugu birimo Gabon, Côte d’Ivoire, Guinnée, Mali, Sénégal, Bénin, Togo, Cameroun, Burkina Faso, u Bufaransa n’ibindi, aho baje bakurikira abandi 25 bari bakiriwe mu cyiciro cya mbere.

Mushikiwabo uyobora Francophonie kuva muri Mutarama 2019, yatorewe iyi mirimo mu nama ya 17 y’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bagize Francophonie yabereye i Erevan muri Arménie, mu Ukwakira 2018.

Yari abaye uwa kane uyoboye OIF nyuma y’Umunyamisiri Boutros Boutros-Ghali wayiyoboye kuva mu 1997-2002, Abdou Diouf wo muri Sénégal wayiyoboye kuva mu 2003-2014 na Michaëlle Jean (2014).

Bijyanye n’ubuhanga n’ubunararibonye bwe, mu 2022 abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri OIF, bongeye kumutora muri manda ya kabiri nk’Umunyamabanga Mukuru wayo.

Ni igikorwa cyabereye mu nama ya 18 y’uyu muryango yabereye i Djerba muri Tunisie, aho yari we mukandida rukumbi kuri uwo mwanya, hemezwa ko akomeza kuyobora ku bwumvikane busesuye.

Mu myaka ine yari amaze muri izo nshingano hakozwe byinshi birimo amavugura y’uyu muryango yari agamije gutuma ugera ku bisubizo bihamye by’ibibazo byugarije Isi birimo umutekano mucye, iyangirika ry’ibidukikije riterwa n’iterambere ry’ikoranabuhanga n’ibindi.

Icyo gihe atorerwa manda ya kabiri Mushikiwabo yavuze ko muri gahunda y’ibikorwa bya OIF mu myaka yari ikurikiyeho hagombaga kwibandwa ku mishinga yo guteza imbere uburezi, ikoranabuhanga, ubucuruzi n’ubukungu bizafasha guhanga imirimo y’urubyiruko.

OIF imaze imyaka ikabakaba 55 kuko yashinzwe ku wa 20 Werurwe 1970, mu nama yabereye i Niamey muri Niger, itangirana n’ibihugu 21 byiganjemo ibyahoze bikolonijwe n’u Bufaransa, uyu munsi ikaba igizwe n’ibirenga 90.

Mu 2023 ibihugu bigize OIF byabarirwaga abaturage miliyoni 327, muri bo abarenga 60% batuye ku mugabane wa Afurika.

Benjamin Netanyahu ntiyemeranya na Emmanuel Macron nyuma yo gusaba ibihugu kudafasha Israel
Bull Dogg na Riderman basangije inshuti zabo urugendo rwabageje ku gukorana album bise Icyumba cy’amategeko
RDB igiye kwizihiza imyaka 20 umuhango wo kwita izina uba buri mwaka
Abasirikare bihinduje igitsina bajyanye Perezida Trump mu nkiko
Perezida Kagame yashimangiye ko AI ari ingenzi mu iterambere ry’Afurika
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ripple Casino Bonus Codes 2024

May 28, 2024

Bigwin Casino Review

May 28, 2024

What Are The Rules For Playing At A Dublin Virtual Casino In 2023

April 14, 2018

Mecca Sign Up Bonus

February 25, 2025
Imyidagaduro

Umuhanzi Kizito Passy yagarutse ku ndwara yari igiye gutuma ahuma burundu

May 5, 2024

Real Life Casino Slots

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?