SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Hezbollah yishe abasirikare ba Israel
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Hezbollah yishe abasirikare ba Israel
Andi makuru

Hezbollah yishe abasirikare ba Israel

Ahupa Radio
Last updated: 2024/10/14 at 2:16 PM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

 

Ibintu byahinduye isura mu ntambara ikomeje guhuza Ingabo za Israel n’umutwe wa Hezbollah, nyuma y’uko wohereje ’drone’ ku birindiro by’Ingabo z’icyo gihugu biri mu Majyaruguru, igahitana abasirikare bane, abandi barenga 60 bagakomereka.

Amakuru ataremezwa neza, avuga ko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Lt.-Gen. Herzi Halevi, ashobora kuba ari mu baguye muri iki gitero, bikavugwa ko uyu mugabo yari muri icyo kigo cya gisirikare ubwo iki gitero cyabaga.

Urubande rwa Israel ntacyo ruravuga kuri iyi ngingo, gusa bimwe mu binyamakuru bikomeye byo muri icyo gihugu byahakanye aya makuru.

Ikindi gitangaje ni uburyo ’drones’ za Hezbollah zabashije kwinjira mu kirere cya Israel, zikarenga ubwirinzi bw’icyo gihugu ndetse zikanabasha kugera ku kigo cya gisirikare.

Ubusanzwe ikintu cyose cyinjiye mu kirere cya Israel cyane cyane iyo ari igisasu cyangwa indi ntwaro, gihita gituma ikoranabuhanga rikoreshwa mu kurinda ikirere cya Israel ritanga intabaza, gusa kuri izi ’drones’ ntabwo ari ko byagenze.

Hezbollah yavuze ko iki gitero cyari kigamije guhangana n’Ingabo za Israel zakomeje urugamba n’uwo mutwe mu Majyepfo ya Liban, ndetse uyu mutwe wasezeranyije ko uramutse ugabweho ibindi bitero, uzakomeza kohereza izindi ’drones’ muri iki gihugu.

 

You Might Also Like

Minisitiri Nduhungirehe yitabiriye inama yiga ku bufatanye bwa EU-AU I Buruseli

Augustin Patata Ponyo wabaye Minisitiri wa RDC yakatiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Perezida Samia Suluhu yabitswe n’imbuga nkoranyambaga za X ya Polisi ya Tanzaniya

Ubuyobozi n’abakozi b’Inzozi Lotto basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (Amafoto)

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

Ahupa Radio October 14, 2024 October 14, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

#Kwibuka29: Bahati Grace yasabye Abanyarwanda kwita ku barokotse Jenoside

April 12, 2023
Kwamamaza

The Keza Hotel yateguriye abakunzi ba Muzika Igitaramo cy’indirimbo zakanyujijeho

October 18, 2023
Utuntu n'utundi

Kamala Harris yateye utwatsi ibyo kuganirira na Trump kuri Fox News

August 4, 2024
Imyidagaduro

Umunyamideli Tanasha Donna agiye gutaramira abanyakigali

June 18, 2024
Andi makuru

RIB yerekanye Musabyimana Theophile ushinjwa kwihesha imitungo y’abandi

December 23, 2024
Imikino

Mapinduzi Cup: Ikipe ya APR FC yasezerewe na Mlandege FC muri 1/2

January 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?