SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga ya ASFM igiye kuba ku nshuro ya 10
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga ya ASFM igiye kuba ku nshuro ya 10
Andi makuru

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga ya ASFM igiye kuba ku nshuro ya 10

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/03/06 at 5:59 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
8 Min Read
SHARE

Umuyobozi Mukuru wa RFL, Dr. Charles Karangwa, yatangaje ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu kwakira Inama Mpuzamahanga izahuza inzobera mu bimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera yiswe ASFM23, birimo no kuba icyiciro cya ‘African Forensic Science Academy’ kigiye gushyirwa i Kigali.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 6 Werurwe 2023, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye kuri Kigali Serena Hotel, yahuriyemo na Perezida wa ASFM, Uwom Okereke Eze; Umunyamabanga wa ASFM, Anne Evelynn Njeri ndetse n’umuyobozi w’Ishami ryo gutahura ibiyobyabwenge muri RFL, Dr Kabera Justin.

Iyi nama izatangira kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Werurwe 2022 kugeza ku wa 10 Werurwe 2023, izahuza ibihugu birenga 40 byo ku Migabane itandukanye yo ku Isi.

Izitabirwa n’abakora mu bijyanye n’ibimenyetso by’ubutabera, abakora mu bigo by’ikoranabuhanga, abafata ibyemezo, abashakashatsi n’abarimu ba Kaminuza, abikorera n’abandi.

Muri iki kiganiro, Dr Karangwa yavuze ko hafi 99% by’abazitabira iyi nama, bizaba ari ubwa mbere bageze mu Rwanda. Ati “Hari abo twagiye tubaza batubwira ko ari ubwa mbere bazaba bageze mu gihugu cy’u Rwanda.”

Yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza kuri buri wese ushaka kugaragaza ibyo akora, asaba Abanyarwanda kuzakira neza abazabagana.

Karangwa avuga ko iyi nama izasiga inyungu kuri RFL, kuko izabafasha kumenyekanisha serivisi batanga.

Ati “U Rwanda rwashyize imbaraga cyane mu kugira ngo rwubake urwego rw’ubutabera rwifashisha ibimenyetso. Tumaze kugera ahashimishije. Dufite Laboratwari 12.”

Dr Karangwa Charles uyobora RFL yavuze ko u Rwanda rwahawe kwakira iyi nama kubera uburyo rusanzwe rwakira inama. Yatanze urugero rw’uburyo rwakiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zo muri Commonwealth (CHOGM).

Yavuze ko kandi ko byanaturutse ku kuba u Rwanda rwarashyizeho ikigo nka Rwanda Convention Bureau gikurikirana itegurwa ry’inama nk’izi ngari.

Dr Karangwa anavuga ko Abanyarwanda bazwiho kwakira neza abantu, no kuba rufasha abinjira mu gihugu kubonera Visa ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Ati “Biriya biroroshya (byoroshya) kugenderanira, urujya n’uruza rw’abantu…. Ibyo byose n’ibindi ntashobora kurondora aha ngaha ni byo

Umuyobozi ukuru wa RFL, Dr. Charles Karangwa, yatangaje ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu kwakira Inama Mpuzamahanga izahuza inzobera mu bimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera yiswe ASFM23, birimo no kuba icyiciro cya ‘African Forensic Science Academy’ kigiye gushyirwa i Kigali.

 

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 6 Werurwe 2023, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye kuri Kigali Serena Hotel, yahuriyemo na Perezida wa ASFM, Uwom Okereke Eze; Umunyamabanga wa ASFM, Anne Evelynn Njeri ndetse n’umuyobozi w’Ishami ryo gutahura ibiyobyabwenge muri RFL, Dr Kabera Justin.
Iyi nama izatangira kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Werurwe 2022 kugeza ku wa 10 Werurwe 2023, izahuza ibihugu birenga 40 byo ku Migabane itandukanye yo ku Isi.

Izitabirwa n’abakora mu bijyanye n’ibimenyetso by’ubutabera, abakora mu bigo by’ikoranabuhanga, abafata ibyemezo, abashakashatsi n’abarimu ba Kaminuza, abikorera n’abandi.

Muri iki kiganiro, Dr Karangwa yavuze ko hafi 99% by’abazitabira iyi nama, bizaba ari ubwa mbere bageze mu Rwanda. Ati “Hari abo twagiye tubaza batubwira ko ari ubwa mbere bazaba bageze mu gihugu cy’u Rwanda.”

Yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza kuri buri wese ushaka kugaragaza ibyo akora, asaba Abanyarwanda kuzakira neza abazabagana.

Karangwa avuga ko iyi nama izasiga inyungu kuri RFL, kuko izabafasha kumenyekanisha serivisi batanga.

Ati “U Rwanda rwashyize imbaraga cyane mu kugira ngo rwubake urwego rw’ubutabera rwifashisha ibimenyetso. Tumaze kugera ahashimishije. Dufite Laboratwari 12.”

Dr Karangwa Charles uyobora RFL yavuze ko u Rwanda rwahawe kwakira iyi nama kubera uburyo rusanzwe rwakira inama. Yatanze urugero rw’uburyo rwakiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zo muri Commonwealth (CHOGM).

Yavuze ko kandi ko byanaturutse ku kuba u Rwanda rwarashyizeho ikigo nka Rwanda Convention Bureau gikurikirana itegurwa ry’inama nk’izi ngari.

Dr Karangwa anavuga ko Abanyarwanda bazwiho kwakira neza abantu, no kuba rufasha abinjira mu gihugu kubonera Visa ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Ati “Biriya biroroshya (byoroshya) kugenderanira, urujya n’uruza rw’abantu…. Ibyo byose n’ibindi ntashobora kurondora aha ngaha ni byo (byafashije) u Rwanda kwakira iyi nama…”

Karangwa yavuze ko imyaka itanu ishize RFL itangiye gukora. Kandi bafite intego yo gufasha abaturage kubona mu buryo bworoshye serivisi z’ubutabera hifashishijwe ibimenyetso.

Yavuze ko u Rwanda rwakiriye iyi nama nyuma y’uko rugeze mu cyiciro cya nyuma, aho bari bahatanye na Afurika y’Epfo ndetse na Botswana.

Icyicaro cya ‘African Forensic Science Academy’ kigiye kuzanwa i Kigali

Karangwa yakomeje avuga ko bitewe n’uburyo u Rwanda rwubatse inzego z’ubutabera, ibikorwa remezo n’ibindi biri mu byafashije gutuma icyicaro cya “African Forensic Science Academy” kigiye gushyirwa i Kigali guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Werurwe 2023, ari nabwo inama ya ASFM izatangirwa ku mugaragaro.

Yavuze ko icyicaro cya ‘African Forensic Science Academy’ kigiye gushyirwa mu Rwanda kubera ibyo u Rwanda rwagezeho birimo nko guteza imbere ibikorwaremezo, amategeko, igenamigambi n’ibindi bikorwa by’ikoranabuhanga bifasha iki kigo nk’iki gukorera mu Rwanda ‘bitagoranye’.

Uyu muyobozi yanavuze kandi ko ibi binaturuka mu kuba u Rwanda rwaroroheje uburyo bwo kohererezanya amafaranga, yaba uri mu Rwanda cyangwa se mu mahanga.

Ati “Hari ibihugu byinshi ushobora kuba utakoresha ikoranabuhanga wohereza amafaranga mu kindi gihugu ujya mu kindi, ariko mu Rwanda byagezweho.”

Karangwa yavuze ko kuba u Rwanda rugiye kuba icyicaro cya ‘African Forensic Science Academy’ basabwa gukora cyane kugira ngo bashyire mu ngiro ibisabwa.

Yavuze ko amafaranga yose akoreshwa mu bikorwa by’iki kigo azaba ari mu Rwanda, ikindi ni uko inama z’iki kigo azaba abera mu Rwanda cyo kimwe n’amahugurwa.

Uyu muyobozi yavuze ko iki kigo kizafasha ibindi bigo byubakira ku bimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga kugira imikorere imwe.

Iki kigo kandi kizajya gitanga amahugurwa ku bihugu bitandukanye kugira ngo bongere ubumenyi bashobore guhuza ibikorwa nk’inzira Afurika yiyemeje yo gukorera hamwe.

Kizakora nk’umuryango utagize aho ubogamiye. Kizaba gifite ubuyobozi bidasaba ko bazaba bari i Kigali, ahubwo bazajya bahuriza hamwe.

Mu ijambo rye, Perezida wa ASFM, Eze Uklom Okereke yavuze ko bishimiye kuba iyi nama igiye kubera mu Rwanda. Ati “Twishimye kuba turi hano. Kandi, twishimiye kuba iyi nama igiye kubera i Kigali.”

Okereke yavuze ko iyi nama igiye kubera mu Rwanda ku nshuro yayo ya cumi, kandi ifite ingingo zihariye izagarukaho. Yavuze ko ‘twaje mu Rwanda’ kubera uruhare rw’u Rwanda mu guteza imbere ubutabera binyuze mu bimenyetso bya gihanga.

Yavuze ko muri 2010, iyi nama yabereye mu gihugu cya Botwasana, kandi umusaruro wavuyemo urigaragaza.

Mu 2012, iyi nama yabereye muri Namibia. Ati “Dutewe ishema n’uko iyi nama ibera buri gihe mu bihugu uko bikurikirana.” Iyi nama yanabereye muri Kenya,

Mu 2022 yabereye muri Togo nyuma y’imyaka ibiri yari ishize y’icyorezo cya Covid-19. Uyu muyobozi yavuze ko ibi ari nabyo byatumye iyi nama itaba mu 2020 na 2021 bitewe n’ikibazo cy’icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi.

Asobanura ko ko ‘buri mwaka duhurira hamwe’ mu kureberera hamwe ibimaze gukorwa na buri kigo mu kuzamura urwego rw’ubutabera binyuze mu gushyiraho ibigo bikora ubushakashatsi bushingiye ku butabera

 

You Might Also Like

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame

Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa gutwara abagenzi mu Ntara

Cardinal Robert ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatorewe kuba Papa Mushya afata izina rya Leon XIV

Nsanzabera Jean Paul March 6, 2023 March 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Shema Fabrice yasubije Bayingana mu mirimo ye

March 27, 2025
Imyidagaduro

King Saha yashimangiyeko Bebe Cool ari umuhanzi usanzwe

April 25, 2023
Andi makuru

Polisi yamennye ibiyobyabwenge birimo Inzoga, Cocaine na Heroine

November 16, 2023
Imyidagaduro

Umunyamakuru Ismaël Mwanafunzi agiye kurushinga n’umunyamakurukazi Mahoro Claudine

May 22, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batumiwe mu isabukuru y’ubwigenge ya Seychelles 

June 28, 2023
Andi makuru

Abaskuti biyemeje gutera ibiti byera imbuto ziribwa mu cyumweru cyahariwe ubuskuti mu Rwanda

February 18, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?